đ€ Kanye West yavuze ko J. Cole na Kendrick Lamar atari abahanzi !
Mu magambo arimo uburakari nâagasuzuguro gakabije, Kanye West yaciriye urubanza J. Cole na Kendrick Lamar, avuga ko ibyo baririmba atari umuziki ahubwo ari amagambo yâubuswa! Mu kiganiro cyabaye nkâurugamba rwo mu nzu yâabogosha, Ye yibasiye cyane J. Cole, amugereranya nâumwana wiga kuririmba ku ifirimbi, ndetse anibaza impamvu Drake yigeze gukorana na we.
Kanye ntiyagarukiye aho â yanashyize mu majwi Ben Affleck, avuga ko uwo mukinnyi wa filime nta buhanga afite bwo gutoranya abahanzi, nyuma yâuko Ben ashyize Kendrick mu ba rappeurs be ba âTop 4â. âIyo umuntu ambwiye ko J. Cole ari mu bahanzi be beza, sinongera kumutega amatwi,â Ye yihanukiriye abivuga.
Ye yashimangiye ko Drake yamutsinze Kendrick mu ndirimbo Family Matters, aho amutera imirongo yâamajonjora nka:
“Out here beggin’ for attention, n**a say please / Always rappin’ like you ’bout to get the slaves freed.”
Ibi yabihuje n’uko J. Cole yanze kwinjira mu ntambara ya diss tracks hagati ya Drake na Kendrick. Kanye yavuze ko ari ugucika intege no guhunga urubuga. Umuraperi Top5, usanzwe afatwa nkâumurinzi wa Drake mu buzima busanzwe, yemeje ko Cole yaretse urubuga rutaramuha igisubizo.
Ye ntiyagaragaje impuhwe namba â yavuze ko nta “sauce” aba bagabo bombi bafite, ko ahubwo ibya Kendrick na Cole ari ikinamico ryâabantu babura icyo bakora.
Ese Kanye ari kuvuga ukuri cyangwa yasaze? Icyakora, kimwe ni kimwe â Ye arashaka umuriro wose, kandi yatangaje ko adashaka gusigara inyuma mu ntambara ya rap!
Waba wemera ibyo Kanye yavuze? Siga igitekerezo kuri iyi nkuru igaragara nkâinkubiri nshya yâubushyamirane mu isi ya Hip Hop!

